Monday, 31 October 2022

Ni amaburakindi

Uyu mugani bawuca iyo bahaye umuntu ikidashyitse ku bw' amikoro make, ni bwo bavuga ngo: "Ni amaburakindi nta cyo muhaye."

Wakomotse kuri Kindi cya Manyurane w'i Bugesera, ahayinga umwaka w'i 1400.
Icyo gihe u Bugesera bwari butaraba ubw'u Rwanda. Hariho umugabo witwa Manyurane, akaba umutware ukomeye wa Nsoro Bihembe. Mu bana be b'abahungu, habyirukamo uwitwa Kindi; abyirukana ingeso nziza cyane, zituma abo babyirukanye bose bamukunda, ndetse n'abakuru bamukundira icyo.
Nuko Manyurane amaze gupfa, Kindi asigara mu ngabo za se zitwaga Abateracumu ba Nsoro. Aba umutoni w'akadasohoka, ariko ubutoni bwe ntibwamutera umurengwe, akomeza gukundwa na bose, kuko atateshukaga ku mico myiza yabyirukanye. 
Ubwo Nsoro Bihembe yari afite umugore w'inkundwakazi witwaga Kamatamu, na we agakunda Kindi byamushegeshe. Bukeye urukundo rumaze kumusaguka akajya yiyegereza Kindi mu bwiherero ashaka ko bashyikirana. Ariko Kindi akamugarambira, agira ati: "Sinakwiteranya na databuja, kandi yarakunze data, nanjye akankunda, akarinda kungira umuvuguruza we; mbyemeye naba mpemutse ntagikwiye Abateracumu ba Nsoro data yansigiye». Amaze kumushwishuriza, kuva ubwo Kamatamu atangira kumusarika kuko yamwanze; akajya amurega ibinyoma ku mugabo we ariko ntabyiteho.

Kamatamu abonye ko bimuburiye agambana n'abaja be, ati: «Muzagire uko mushoboye mwiyegereze Kindi, maze muzashake uburyo mumunyamburira uruhu rw'umunyehara rumuranga mu myitero, murunzanire nzabahemba».
Abaja barafubaganya batoranya inzoga nziza n'abakobwa beza barabarimbisha cyane, batumira Kindi mu bwibereko bwabo ngo azaze babone icyo bamubwira. 
Igihe kigeze araza, asanga umuteguro ari wose n'umubavu watamye inzu yose. Agitunguka, umukwobwa umwe witwaga Mukasano bigeze kubana bakiri bato, baragirana inyana, batobana ibyondo, aramusanganira, aramusumira, ati: «Uraho mfura ya data?» Kindi yumvise Mukasano amuramukije atyo, aranezerwa aramuhobera; baramukanya uruhwererane. 
Mukasano yinjiza Kindi mu nzu abandi bagambanyi bateraniyemo. Baricara baraganira, bamuzanira inzoga y'ubuki bwiza cyane bw'igiti cyitwa urusinzagwa aranezerwa.

Abaja babonye ko Kindi yatashywe n'umunezero, batuma kuri Kamatamu ngo abongere izindi nzoga. Yohereza iz'intarano ku zo Nsoro anywaho.
Nuko Kindi aranywa arasinda, ntiyibuka ko yangana na Nyirabuja, akomeza kwihoshya ubwo buki bw'urusinzagwa, abakobwa bamwambura rwa ruhu rwe rw'umwitero, baruha umwe muri bo arushyira Kamatamu. 
Arukubise amaso arishima cyane, arushyira munsi y'ibyahi ku rwuririro, ati: «Cyo genda mukomeze mumudude urusinzagwa kugeza igihe Nsoro avira mu muhigo!

Nsoro arashyira arahiguka. Umuhigo utahira kwa Kamatamu, kuko ari we wari inkundwakazi. Ibirori by'umuhigo bihetuye, Nsoro ajya mu nzu asuhuza Kamatamu, ati: «Ndeka nta myiririrwe yanjye Kindi wawe yandembeje!» Ati: «Namwihanganiye iminsi myinshi ngira ngo ntaguteranya n'umutoni wawe, none nananiwe, ati: "Umva ngitangira kuba umugeni muri uru rugo, niho na we yatangiye kunyuguga ashaka ko mumfatanya; ngumya kumwangira; none yandembeje. Aho bigeze, niba utamundinze nyohereza iwacu; sinshaka ko umfatanya n'umugaragu wawe; dore ikimenyetso ni uru ruhu rw'umwitero we yataye hano aje kumbuza epfo na ruguru, ararutse mu bakobwa bawe aho yiriwe abaduda amayoga, amaze kurengwa aransindukana, araza yicara aha ku rwuririro, ngize ngo ndamwiyamye, abadukana umwaga, uruhu araruhata."
Uruhu Nsoro ararufata, ahamagaza Kindi. Atungutse, ati: «Akira uruhu rwawe!» Kindi arukubise amaso akubitwa n'inkuba arumirwa! Nsoro akebuka umugaragu w'umugore we witwaga Radabali, ati: «Nyaze Kindi Abateracumu, n'ibye byose ndabiguhaye».
Byirirwa aho biravugwavugwa, bugorobye Kindi acika Nsoro yiyizira mu Rwanda n'abagaragu be bake. Asanga Cyilima Rugwe i Rukoma ahitwa i Gaseke mu Rutobwe (Gitarama). Bamugezeho abakira neza, arabahaka, bagubwa neza baguma mu Rwanda barusaziramo.
Ubwo amaze gucika Nsoro inkuru ikwira u Bugesera bwose: rubanda babyumvise barababara cyane, Abateracumu bo bararitsira icumu bararicurika banga kuyoboka Rudabali: bamwe bati. «Nta wundi muntu uzaduhaka tubuze Kindi cyacu, ahubwo bazatware n'ibyo dutunze byose; abandi, ariko bari bakuru, bati: "Turanga kuyoboka Rudabali biducikireho, kandi tutagishoboye gukurikira Kindi mu Rwanda, ahubwo nimureke tubabare, ariko dupfe kunywa aya Rudabali y' amabura Kindi (amata y'ubuhake bwa Rudabali kuko babuze ubwa Kindi bakundaga cyane).
Dore ko amata ubundi ashushanya umukiro usesuye; Abateracumu bayise amabura kindi, kuko umukiro wabo wagabanutse, umunsi bawuburamo Kindi ku maherere.
Nuko babuze uko bagira bagwa neza, aka wa mugani ngo: «Mbunze uko ngira iheza umwaga mu nda». Baremera bapfa kuyoboka Rudabali; ariko mu maganya yabo ntibibagirwe kuvuga ko amata barimo ari amaburakindi, ari byo kuvuga ko umukiro wabo ubuzemo ikiri ngombwa; ubuzemo Kindi n'imico ye myiza.
Kuva ubwo rero, uko imyaka igenda yigirayo, buhoro buhoro ya magambo yombi (amabura risimbura amata na kindi ryendeye kuri Kindi) yiyungamo ijambo rimwe ry' «Amaburakindi», rikavuga ikintu cyose cy'akamaro gake gisimbuzwa icyari ngombwa babuze ukundi byagenda.
Ngiyo inkomoko y'ijambo tuvuga buri jo ryitwa amaburakindi, ugira, utya ukumva umuntu wabuze icyo aha uwe gishishikaje, akamuganyira, ati: "Nta cyo nguhaye ni amaburakindi."
" Gutanga amaburakindi = Gutanga ibidashamaje ku bw'amikoro make."

Akebo kajya iwa Mugarura

Uyu mugani bawuca iyo babonye umuntu witurwa ineza yagiranye imico myiza ye; ni bwo bavuga ngo: «Akebo kajya iwa Mugarura!»

Wakomotse kuri Mugarura uwo nyine, ku ngoma itazwi neza ikirali.
Mugarura uwo ngo yakuranye imico myiza cyane, akubitiraho n'ubukire muri byose: imyaka n' amatungo; abantu baza kumucaho inshuro, akabereka icyibo cya mugerwa w'umuhinzi, umuhingiye yahingura akamuha inshuro y'umuhinzi muri icyo cyibo, hanyuma akamushyiriramo indi y'ubuntu. 
Abigenza atyo imyaka myinshi, n'uje kumusaba inka nawe akayimuha, ndetse ngo byarimba akamuheta n' indi ya kabiri.

Byibera aho. Bukeye inshuti ze, n'abana be baramukuba, bamubwira ko yangiza inka ze n' imyaka ye, bati : «dore urimaraho ibintu ubyangiza, nihacaho iminsi uzasigara umeze ute ? Ejo uzasanga rubanda rukunnyega nta we ukureba n'irihuye.
Mugarura yumva amagambo yabo akabihorera ntagire icyo abasubiza; ntihagire uwumva ururimi rwe; bigenda bityo igihe kirekire. Biba aho biratinda. Bishyize kera, haza umuntu, amugerageresha kumushuka; aramubwira, ati: « Mugarura ubuntu bwawe bwo gutanga utabaze rubanda turabwishimira; ariko n'ubwo tugushima bwose, jyewe nta cyo urampa, none nje kugusaba inka eshanu zo kubaga. Mugarura aramwemerera, amuha inka eshanu, arazijyana.
Azigejeje iwe aho kuzibaga arazorora; zirakunda zirororoka, ziba amashyo atanu Rubanda babibonye batyo, barega Mugarura ibwami ko yangiza ibintu. Dore ko ubwo uwangizaga inka ze bavugaga ko amara inka z'umwami. Ibyo bituma umwami amugabiza rubanda baramunyaga, ariko inka n'ibintu bye nta muntu wabigabanye, byatwawe na rubanda bose rubyigabagabanije.
Nuko ibwami bategeka ko Mugarura atazahabwa umuriro kuko yabaye umupfu, mu bintu by' ibwami. Mugarura amaze kunyagwa ahinduka umukene cyane, abura aho aba n'umugore n'abana be; agumya kuzerera. Hanyuma atunguka ku muntu wigeze kumuhingira akamuha inshuro ebyiri.
Uwo mugabo amukubitse amaso, agira impuhwe; ava mu nzu ya kambere ayiha Mugarura, asigara mu nzu yo mu gikari. Mugarura amaze kubona inzu abamo, rubanda bamenya ko yabonye icumbi; abo yagiriye neza batangira kujya bagenda nijoro, bamushyira ibintu. Ubwo kugenda nijoro batinyaga ibwami.
Uwo Mugarura yahaye inshuro ebyiri, akaza nijoro akamusubiza za nshuro, ndetse akabigira itetu; mbese rubanda yagiriye neza bose baramuyoboka, bamuzanira amafunguro : bamwe mu twibo, abandi mu bitebo. Bigeze aho abenshi yagiriye neza bajya kumuhakirwa ibwami ngo bamuhe umuriro.
Ibwami baremera., bamuha inka y' umuriro. Mugarura amaze kubona umuriro, rubanda barishima; noneho baza ku mugaragaro bamuzanira ibintu, byo kumwishimira bamwitura ineza yabagiriye.
Bukeye wa mugabo wazaga kumushuka ngo amuhe inka eshanu zo kubaga (za zindi yagezaga iwe akazorora), yumvise ko Mugarura yabonye umuriro arishima cyane. 
Arazinduka ajya aho Mugarura acumbitse, aramubwira ati: « Ngize amahirwe kuko wabonye umuriro, za nka wampaga zo kubaga uko ari eshanu narazoroye, zabaye amashyo atanu none ngaya amashyo atatu na njye ndasigarana abiri. Mugarura amushimana na rubanda, barakomeza barahurura, bamuzanira amaturo y'inka n'imyaka; abadafite imyaka myinshi bakamuzanira mu twibo; yubaka imitiba n'ibigega.

Nuko Mugarura asubira kuba umukungu, ndetse arusha mbere; aratunga aratunganirwa. Ubwo rero rubanda bamuzaniraga ibintu bibuka uko yabagiriraga, no byo byiswe ko " Akebo kajya iwa Mugarura"
" Gushyira akebo iwa Mugarura = Kwitega iminsi. "

Akumuntu ni uwa Nyagatuntu

Uyu mugani bawuca iyo babonye umuntu yiyambaje ake; ni bwo bagira, bati: «Akumuntu ni uwa Nyagatuntu!

Wakomotse kuri Karake ka Nyagatuntu, umutwa w'i Kaganza mu Nduga; ahagana mu mwaka w'i 1800.
Uwo mutwa Nyagatuntu yari umugaragu wa Gahindiro, bukeye ajyana umuhungu we Karake mu buhake; amusohoza kwa shebuja akiri muto cyane. Karake arahakwa, ariko akibanda kuri Rwogera mwene Gahindiro, kuko ariwe banganaga. Gahindiro amaze gutanga, hima uwo muhungu we Rwogera.
Noneho Karake ahakwa na Rwogera, idendure, aramutonesha cyane. Bukeye Rwogera aramubaza, ati: "Urashaka murimo ki uzajya unkorera ?" Karake, ati « Umurimo nshaka nywukubwiye ntiwawunkundira kuko ntawukwiye. Ubwo yavugaga ko ari umutwa. Rwogera, ati: «Wumbwire nywumve». Karake ati: « Uzanshyire mu ntarindwa. (Ababazi b'ibwami ). Rwogera aramwemerera kuko yamukundaga. Amushyira mu ntarindwa; bamuha igihango. Karake arishima kuko bamushyize mu babazi.
Haciyeho iminsi, Rwogera agabira Karake Gikinga cya Kaganza, amuha. n' inka. Karake azoherereza Nyagatuntu, aba ari na we ujya kuyobora icyo gikingi umuhungu agabanye, we yigumira ibwami; haramuryoha, no kujya asezera ngo atahe ntiyabyibuka. Bukeye Rwogera yongera kumugabira izindi nka z' ibiti, na zo arazohereza ntiyacyura umunyafu.
Izo nka Karake yagabanye kuri R wogera zirororoka ziba nyinshi; aba umukire. Hanyuma Rwogera amushyingira umukobwa w' umuja witwa Nyiramafubo, ariko ntiyari umutwakazi; Karake amaze kurongora, Nyagatuntu arapfa. Ubwo Karake arataha ajya kumwiraburira, bamaze kwera asubira ibwami ku murimo we w' intarindwa, noneho ntiyongera kwibuka gusezera bibaho; aba imbata ibwami, akomeza kuba umutoni wa Rwogera, ndetse bakajya baganira amagambo y'amabanga adakwiye kubwirwa abatwa b'icyo gihe. 
Ibyegera bya Rwogera biramugaya, kugeza ubwo bamuhindutse baramwerurira, bati: «Amagambo uvugana n'uriya mutwa ni magambo ki ? Rwogera ati:»» Nganira na we nk'ibyo nganira na mwe mwese». Baranyoma bararekera ntibongera kugira icyo basubira kuvuga.

Karake akomeza kuba umutoni wa Rwogera. Ariko kuva ubwo, Rwogera atangira gusa n'uwumva amagambo bamuhana yo kutaganira n'uwo mutwa. Aramuhamagaza, amuha inka y'imbyeyi aramusezerera; ati: «Umaze iminsi utagera iwawe taha ujye kubasura» .
Nuko Karake yemera gutaha. Amaze gusezera, Rwogera yohereza abantu bamugenda ruhinganyuma ngo bajye kumwumviriza; ati: «Mumugende ruhinganyuma arenge muhinguka; nagera iwe, murebe aho mwikinga, nibwira murare ku nzu ye mwumve ibyo avugana n'umugore we; mwumve ko hari icyo amuganirira mu byo namubwiye.
Karake aragenda; yarenga umusozi, intumwa za Rwogera zikaba ziwusingiriye. Ageze iwe, yerekana ya nka yagabanye, bayishyira mu zindi.
Bumaze kwira, za ntumwa za Rwogera zijya ku nzu ya Karake kumviriza amagambo abwira umugore we. Atangira kumutekerereza iby' ibwami; ati: « Ibwami bafite ibyiza byinshi; ibinyobwa n'ibiribwa: aliko babuze kimwe: ntibagira impengeri. Maze none Mafubo yanjye untekere impengeri nzihwabe. 
Umugore arahutikanya, abaka amasaka arateka. Ubwo intumwa ziri ku nzu. Impengeri zimaze gushya ararura aha umugabo. Karake arazaduka arahekenya, ariruhutsa; ati: « Dore ak'umuntu uko kamera!» Ubwo yavugaga ko impengeri z'iwe zimurutiye inyama z' ibwami.

Intumwa zimaze kumwumviriza, zishyira nzira no kwa Rwogera, zigezeyo, ziti: «Karake nta cyo yavuze kigirana isano n'ibyo muganira»: ziti: «Ahubwo
icyo yavuze cyadusekeje ni uko yashimye impengeri z'iwe, akavuga ngo «Dore ngo ak'umuntu kararuta akandi! Barabiseka birabashimisha.

Rwogera atumira Karake ngo aze kubibiganira. Araza abibasubiriramo, abahungu bava ku nkwekwe, kuva ubwo izina rya Karake barimukuraho, bamwita Akumuntu; acitse aha, ati: «Akumuntu ni uwa Nyagatuntu! 
Izina lifata bwo; umugani uva aho.

" Ak' umuntu = Umwihariko. "

Imigani ya Kinyarwanda

  Ababiri bashyize hamwe baruta umunani barasana. Ababiri bajya inama baruta umunani urasana. Ababiri bakika umwe. Ababiri baruta umwe. Abab...